UMUGAMBI W'IMIBEREHO YAWE

Nyuma y'uko umugabura yigisha ibyerkeye "Impamvu Nizera Yesu," umusore wambaye neza yaje kumusura aho uwo mugabura yateguriraga ibyigisho bye maze aramubwira ati "Ibyo wavuze uyu mugorroba byari bishimishije, ariko ibyo wavuze kuri Kristo byose byavuye muri Bibiliya yawe. Mbwira, niba Kristo yarigeze kuba hano kuri iyi si, ni kuki amateka nta cyo amuvugaho?"

"Icyo ni ikibazo cyiza," maze uwo mugabura ariho amusubiza, arahindukira amanura ibitabo byinshi. "Nyamara mu by'ukuri, amateka avuga ibya Yesu Kristo."

"Ibyo ndagira ngo mbyirebere n'amaso yanjye." Uwo musore ati.

"Ni byiza, dore Urwandiko rwa 97 rw'Igitabo cya 10 cy'Inzandiko za Pliny Muto, wari umutegetsi i Bituniya, intara imwe muri Aziya ntoya. Pliny yandikiye umwami w'abami w'ibihugu byategekwaga n'Abaroma, witwaga Trajan, amuha raporo y'ibyakorwaga mu ntara ye. Dore hano arasaba inama y'icyo yakorera idini ry'inzanduka, ari yo y'Abakrisito. Aravuga uko bungukaga abayoboke vuba vuba n'uko baririmbaga indirimbo bahimbiye umuyobozi wabo, Kristo. Pliny yohereje urwo rwandiko nko mu w'110 N.K. Urwo rwandiko rwanditswe na Pliny rutanga ubuhamya bw'amateka y'uwo mugabo, Kristo n'uburyo imyizerere ye yakwiriye hose mu gihe cy'intumwa ze."

Uwo musore atangaye, yaravuze ati, "Komeza umbwire n'ibindi!"

Uwo mugabura akomeje kubumbura ikindi gitabo, yongeyeho ati "Dore undi munyamateka wabayeho mu gihe cya Pliny witwaga Tasitusi. Mu bitabo yanditse, (icya 15, igice cya 44) avuga uko Nero yangaga kandi akarenganya abakristo mu gihe Roma yatwikwaga. Tasitusi asobanura ko izina "Abakristo" rikomoka ku izina "Kristo"Avuga ko Yesu Kristo wahanze idini ry'abakristo yaciriwe urwo gupfa na Pontiyusi Pilato, umucamanza w'i Yudaya, ku ngoma y'Umwami w'abami Tiberiyusi. ayo mateka yose Tasitusi atwandikira ahuje neza n'ibyabayeho, n'amazina, n'uturere bivugwa muri Bibiliya."

"Pasitoro, sinigeze menya yuko ibintu nk'ibyo biboneka mu mateka y'isi!" Uwo mushyitsi yaratangaye ati.

Uwo mugabura yungamo ati "Ndagira ngo umenye yuko nko mu w'180 N.K. Celsus yanditse igitabo atuka abakristo, agaragaza ko icyo gihe ubukristo bwari bumaze kuba imbaraga igaragara.

"Niba ugishidikanya, wibuke ko Ubutumwa Bwiza buboneka mu bitabo bine buvuga iby'amateka nk'uko ibi bitabo by'isi biyavuga."

Uwo musore abonye ko amateka y'isi n'ay'iyobokamana yemera ko Yesu yabaye ku isi nk'umuntu, yagiye yemejwe ko Yesu Kristo yari umuntu wabayeho mu mateka.

1. KRISTO YABAYEHO UHEREYE ITEKA RYOSE

Yesu ntiyari umuntu mwiza gusa ahubwo yari n'Imana. Ubumana bwe Yesu yabuvuzeho iki?

"Iyaba mwaramenye, muba mwaramenye na Data. Uhereye none muramuzi, kandi mwaramurebye… Umbonye aba abonye Data." Yohana 14:7-9.

Nushaka kumenya ibisubizo by'ibibazo "Imana ni nde?, Isa ite?" Reba Yesu gusa wavuze ati

"Jyewe na Data turi umwe." Yohana 10:30.

Imana data na Yesu umwana barahoranye kuva kera kose (Abaheburayo 1:8). Nta gihe Yesu atigeze aba umwe na Se. Imana ikunda umuntu nk'uko Yesu yamukunze kandi imwitaho nk'uko Yesu yamwitagaho mu gihe yari afite imibereho ya kimuntu ku isi.

2. KRISTO UMUTIMA W'AMATEKA N'UBUHANUZI

Ubwo igitekerezo cy'imibereho ya Kristo ari ukuzuza ubuhanuzi, igitekerezo cy'imibereho ye cyanditswe mbere y'uko avuka. Ubuhanuzi bwo mu isezerano rya kera bushyira ahagaragara imibereho ya Kristo, urupfu no kuzuka kwe mbere y'uko bibaho. Isezerano Rishya ni igitekerezo cy'imibereho ye nk'uko byari byarahanuwe.

Abahanuzi bo mu Isezerano rya Kera babayeho hagati y'imyaka magana atanu, n'igihumbi na magana atanu mbere y'ivuka rya Kristo, bavuze ingingo nyinshi zifatika zerekeye imibereho ya Mesiya. None se, agitangira umurimo we hano ku isi abantu bakagereranya imibereho ye n'ubuhanuzi buvugwa mu Isezerano rya Kera, babivuzeho iki?

"Uwo Mose yanditse mu mategeko, n'abahanuzi bakamwandika, twamubonye; ni Yesu mwene Yosefu w'i Nazareti." Yohana 1:45.

Umukiza wacu yiyambaje ubuhanuzi bwagiye busohora kugira ngo yimenyekanishe:

"Atangirira kuri Mose no ku bahanuzi bose, abasobanurira mu byanditswe kuri we." Luka 24:25-27.

Ubuhanuzi bwamaze kugaragara butanga ubuhamya budashidikanywaho ko Yesu ari we Mesiya wasezeranywe.

3. IMIBEREHO YA KRISTO NI UKUZURA K'UBUHANUZI

Reka turebe imirongo mike y'ubuhanuzi mu Isezerano rya Kera n'uko bwagaragaye mu nyandiko z'Isezerano Rishya.

TI AHO YAVUKIYE
Ubuhanuzi bwo mu Isezerano rya Kera:
"Ariko wowe, Betelehemu Efurata,... muri wowe ni ho hazava uzaba Umwami wa Isirayeli, akansanga, imirambagirire ye ni iy'iteka, uhereye kera kose." Mika 5:1.
Ukuzura k'Ubuhanuzi mu Isezerano Rishya:
"Yesu amaze kuvukira i Betelehumu mu gihugu cy'i Yudaya …" Matayo 2:1.

KUBA YARABYAWE N'UMWARI
Ubuhanuzi bwo mu Isezerano rya Kera:
"Dore umwari azasama inda, azabyara umwana w'umuhungu, amwite izina Imanweli." Yesaya 7:14.
Ukuzura kw'ubuhanuzi mu Isezerano Rishya:
"Yosefu, mwene Dawidi, witinya kurongora umugeni wawe Mariya: kuko IMBUTO IMURIMO ARI IY'UMWUKA WERA. Azabyara umuhungu uzamwite YESU; kuko ari we uzakiza abantu be ibyaha byabo." Matayo 1:20-23.

IGISEKURUZA CYE NI MU MURYANGO WA YUDA
Ubuhanuzi bwo mu Isezerano rya Kera:
"INKONI Y'UBWAMI NTIZAVA KURI YUDA, …nyirayo ataraza." Itangiriro 49:10
Ukuzura k'ubwo buhanuzi mu Isezerano Rishya:
"Kandi biragaragara rwose yuko UMWAMI WACU YAKOMOTSE KURI YUDA." Abaheburayo 7:14.

KWANGWA KWE
Ubuhanuzi mu Isezerano rya Kera:
"Yarasuzugurwaga, AKANGWA n'abantu." Yesaya 53:3
Ukuzura k'ubwo buhanuzi mu Isezerano Rishya:
"Yaje mu bye ariko ABE NTIBAMWEMERA." Yohana 1:11.

UBUGAMBANYI YAGIRIWE N'IKIGUZI CYAHAWE UWAMUGAMBANIYE
Ubuhanuzi mu Isezerano rya Kera:
"Kandi incuti yanjye y'amagara nizeraga, nagaburiraga, ni yo imbangiriye umugeri." Zaburi 41:9.
"Ndababwira nti, Niba mureba ko ari byiza, nimumpe ibihembo byanjye; kandi niba atari byiza, nimurorere. Nuko bangerera IBICE BY'IFEZA MIRONGO ITATU babimpho ibihembo." Zekariya 11:12.

Ukuzura k'ubwo buhanuzi mu Isezerano Rishya:
"Hanyuma umwe muri abo cumi na babiri, witwaga Yuda Isikaryota, asanga abatambyi bakuru, arababaza ati "Mwampa iki, nkamubagenzereza?" Bamugerera IBICE BY'IFEZA MIRONGO ITATU."Matayo 26:14,15.

URUPFU RWE KU MUSARABA
Ubuhanuzi bwo mu Isezerano rya Kera:
"BANTOBOYE IBIGANZA N'ibirenge." Zaburi 22:16.
Ukuzura k'ubwo buhanuzi mu Isezerano Rishya:
"Nuko bageze ahitwa i Nyabihanga, bamubambanaho n'abagome,…" Luka 23:33. (Kitaen pay ti Juan 20:25.)

UKO YAVUYE MU MVA
Ubuhanuzi bwo mu Isezerano rya Kera:
"Kuko utazareka ubugingo bwanjye ngo bujye ikuzimu, kandi utazakundira umukunzi wawe ko abona kubora."Zaburi 16:10.
Ukuzura k'ubwo buhanuzi mu Isezerano Rishya:
"… Yavugaga ibyo kuzuka kwa Kristo, abibonye bitari byaba; ni cyo cyatumye avuga ko atarekewe ikuzimu, kandi ngo, n'umubiri we nturakabora. Imana yazuye Yesu uwo, natwe twese turi abagabo bo guhamya ibyo." Ibyakozwe 2:31,32.

Ibihamya ni byinshi yuko Kristo atujuje ubuhanuzi bucye gusa. Mu by'ukuri imibereho yanditswe mbere y'ibihe mu buryo bw'imbaraga idasanzwe. Ni koko Yesu ni umwana w'Imana.

Tumaze gusobanukirwa n'ubwo buhamya, dukwiye gusenga tugafata umwanzuro wo guhitamo uri butubere Umwami mu mibereho yacu. Mbese washyira ubugingo bwawe mu biganza bya Yesu niba uta rakora ibyo?

4. IMIBEREHO ITEGURWA N'IMANA

Yesu yagize imibereho yateguwe n'Imana, imyaka amagana n'amagana mbere y'uko avuka. Kuko yari azi ibyo, yakomezaga kumva ko ayoborwa n'Imana. Kristo yaravuze ati:

"Nta cyo nkora ku bwanjye; ahubwo yuko uko data yanyigishije ari ko mvuga.... kuko mpora nkora ibyo ashima."Yohana 8:28,29.

Imana yateganyije iby'imibereho ya kimuntu ya Kristo mbere y'uko avuka, kandi Imana ifitiye na buri muntu wese umugambi. Izi ukuntu buri wese muri twebwe yagera ku byifuzo byacu bidushengura maze akabona ubugingo busesuye.

Umugabo witwa Ray ntiyari yarigeze yiyemeza kwitanga ngo akoreshwe n'ubushake bw'Imana. Ariko ubwo yagombaga gufata umwanzuro ukomeye wo guhitamo kaminuza yagombaga kwigamo, yiyemeje bwa mbere mu mibereho ye gusaba Imana ngo ibumufashemo. Yabisengeye iminsi myinshi maze agerageza gutegera amatwi igisubizo. Nyuma y'igihe, yabaye nk'usobanukirwa neza impamvu akwiye guhitamo ikigo B: aho hari hahendutse, ari ikigo kinini, kandi kitayoborwa n'umuntu ku giti cye. Bidatinze amaze gutangira kwiga, yatangiye kugira incuti z'abakristo beza bari mu muryango w'Amateraniro ya Kristo y'Ikigo. Umubano yagiranye na bo mu myaka ibiri yakurikiyeho wahinduye imibereho ye rwose.

Iyo Ray ahindukiye akareba inyuma muri iki gihe, asanga yuko igihe cyose yagize ingorane ikomeye yo guhitamo maze agasaba gufashwa n'Imana, aragira ati "Imana yanyugururiye imibereho mishya itaziguye."

Ni buryo ki wamenya umugambi Imana ifitiye imibereho yawe? Imana iyobora mu buryo bwinshi:
(1) BIBILIYA
Dushingiye ku magambo y'umunyezaburi, Igitabo cy'indongozi y'ubuzima ni iki?
"Ijambo ryawe ni itabaza ry'ibirenge byanjye, ni umucyo umurikira inzira yanjye." Zaburi 119:105.
GENZURA : Ijambo ry'Imana rivugurura ibitekerezo byacu rikadusobanurira (Abaroma 12:2, Zaburi 119:99). Igihe gihoraho cyo gusenga no kwiga ibyanditswe ni bwo buryo biwiza bwo kumenya ibyo dukwiye kugira nyambere.
(2) IBYO DUHABWA N'IMANA
Na none, Imana ituyoborera mu byo iba yemeye ko bitubaho. Zaburi 23 igaragaza ko Imana ari Umwungeri mwiza. Umwungeri ayobora intama ze mu cyanya cy'ubwatsi butoshye nk'uko anaziba hafi mu mikokwe y'ibitare. Afite ububasha bwo gufasha abo ashinzwe kuyobora bakiga kandi bakungukira mu byo banyuramo byose. Dufite Umwungeri utuba hafi cyane.
(3) IMANA IVUGANA N'UMUTIMA MU BURYO BUTAZIGUYE
Na none, Imana ituyoborera mu kuvugana n'imitima yacu. Umwuka ashobora guhwejesha "amaso y'imitima yanyu" (Efeso 1:18). Uko turushaho gusabana n'Imana ni ko irushaho kutuyobora. Itunganya imitima yacu, ibyo dutekereza n'ibyo dukunda, kugira ngo dusobanukirwe neza n'ibindi dukeneye.

5. IBYO BITUYOBORA BIKWIYE GUHUZA

Birashoboka rwose kwibwira ko imibereho yawe iyobowe n'Imana nyamara wikurikiriza ubushake bwawe gusa (Imigani 16:25). Ibyo twibwira bikwiye guhuza n'inyigisho za Bibiliya. Si byiza kwmeza ko Imana ituyobora keretse ibituyobora uko ari bitatu bihuza.

Urugero ni urw'umugabo witwa Jake (soma Jaki). Yari afite umugore mwiza n'abana babiri, ariko agasambana n'undi mugore. yabwiye incuti ze ati "Narabisengeye kandi ndumva ari ubushake bw'Imana."

Bigaragara neza ko amarangamutima ya Jake "n'ibyo yibwiraga mu mutima we" byamuyobeje. Yibwiye ko ari ubushake bw'Imana bwatumye ahura n'undi mugore maze ntiyasubira inyuma ngo arebe itegeko rya Bibiliya ribuzanya gusamba. Kadi Bibiliya, "amategeko y'Imana n'ibihamya,"ni cyo gitabo kituyobora, ni we mucamanza usumba bose wemeza ko inzira iyi n'iyi ari yo y'ukuri (yesaya 8:20). Nta na rimwe dukwiye kwishingikiriza ku byo twibwira cyangwa yenda ibigaragara ko ari ubushake bw'Imana ngo bituyobye bitume tunyuranya n'ihame riboneka muri Bibiliya.

6. KWEMERA KUYOBORWA N'IMIGAMBI Y'IMANA

Igihe umubi yaje gushuka Yesu mu butayu, yaramubwiye ati "Niwemera ukareka kwitanga bikubabaje nk'uko so yabiguteguriye, nzaguha isi nyitereke mu biganza byawe, nyiguhane n'ibyubahiro, n'ubutunzi, n'imibereho myiza." Ndetse Satani yanavuze Ibyanditswe agira ngo ayobye Yesu. Nyamara igihe cyose Yesu yamurwanyaga avuga ati "handitswe ngo" (Matayo 4:1-11).

Isomo rikomeye cyane twakwigira ku mibereho ya Yesu ni ukumvira ubushake bwa Data wa twese. Ndetse n'igihe yari ababaye cyane i Getsemane, yaratatse ati "Data, niba bishoboka, iki gikombe kindenge; ariko bye kuba uko jyewe nshaka, ahubwo bibe uko wowe ushaka" (Matayo 26:39). Amaze imyaka itatu mu murimo we, buri munsi akurikiza umugambi wa se, Kristo ajya gupfa yaravuze ati "Birarangiye (Yohana 19:30) Mu by'ukuri Yesu yavugaga at"Imibereho. Data yanteguriye ubu igeze ku musozo kandi narayikurikije."

Nuko rero ubwo utangira kumva ijwi ry'Imana rivuga neza mu Ijambo ryayo, ari byo bushake bwayo n'ibitekerezo tuyikomoraho, wemere kuyoborwa na yo utizigamye. Nawe ushobora kubona umunezero utari warigeza kumenya uboneka mu mibereho itegurwa kandi iyoborwa n'Imana.


© 2003 The Voice of Prophecy Radio Broadcast
Los Angeles, California, U.S.A.